Muri aya majwi, mushobora kwumva Jack Nziza aho arimo gushandikisha ikiguzi cyo Umunyarwanda wahunze leta abereye umutware w'abicanyi!

Jack Nziza, si umwicanyi w'umuwuga wa Kagame gusa, ahubwo ninawe wambaye ikamba ry'umutware w'abicanyi bose b'umwuga b'ingoma ya FPR Inkotanyi na Paul Kagame. Jack Nziza ni wa muntu wahawe cyangwa wihanye inshingano zo gutoteza abanyarwanda : ababuriw irengero bose, abishwe urubuzo, abishwa mu buryo bw'amayobera, abahunze igihugu, abafunzwe bazira akarengane, abo bose nta wundi bazira ni Jack Nziza!

Ariko rero, nk'uko amakuru anyuranye abitugezaho, ubu ake kaba kegezeweho. Bihehe yahetse bamubwira ko ari bihehe nta byemere, igihe cye cyegeze cyo kumwereka kamere yayo. Benshi mu banyarwanda byarashimishije nk'uko bigaragara muri ubu buhamya "

Imana niyo gushimirwa kandi cyane cyane. Byanze bikunze ikibi ukora ugeraho ukagisanga imbere. Nta muntu umaze guhemukira abanyarwanda nku Mufumbira Jack Nziza. Uyu mugabo, nako inyamaswa yabibye inzangano, urwikwekwe, ubugome, guteranya, kwangana, kwicana...etc m'ubanyarwanda.

Ntakibi kibaho kwisi atakoze, yararoze, yaratoteje, yarishe, yagambaniye incuti n'abavandimwe, yarambuye, yasambanyije abagore babagabo, abagore babagabo bose bo murwanda yari yarabagize abe n'umugabo yavuga akamushiraho iterabwoba. Iyi nyamaswa yateranyije ingo nyishi; yigize Urwanda nyuma ya Kagame.

Muriki cyumweru nanditse kubyuyu mwicanyi Jack Nziza, abibazaga ko umwicanyi Jack Nziza akiri akagirwa mana nti babyemeye. Buri munsi uyu mwicanyi abyuka mugitondo akajya gutonda kwa Dan Munyuza kubazwa ibibazo. Mubyo abazwa harimo za network yaramaze imyaka yaranshinze, umutungo wa Jeannette Kagame Gasana n'abamukorera aho bava bakagera, ama dosiye (Dossier) ku bantu bamwe yicishije.

Ubu za mayibobo-abicanyi bakoreraga Jack Nziza imibu igiye kubarya, kiretse Dan Munyuza abinjije muri network ze....."

Radio itahuka yabigarutseho mu buryo burambuye mu biganiro byayo nk'uko mushobra kubyumva hasi aha:

Naho ikinyamakuru http://www.inyenyerinews.org kiratugezaho inyandiko y'intabaza y'umuryango wa Jack Nziza, umuryango ubarizwa mu Bufumbira ho mu Bugande! Kuko burya ngo uyu mugabo si umunyarwanda ahubwo ni umufumbira! Ngo akaba ariyo mpamvu ahonyora abanyarwanda nta pfunwe!

Retour à l'accueil